Umuyobozi Mukuru wa REB yasabye urubyiruko gusigasira amateka n'indangagaciro z'u Rwanda binyuze mu gusoma no kwandika ibitabo

Kuri uyu wa 26 Kamena 2026; Umuyobozi Mukuru w’ Urwego rw’ Igihugu rushinzwe Uburezi bw'Ibanze (REB), Dr. Nelson MBARUSHIMANA, yasabye urubyiruko gukomeza kwimakaza umuco wo gusoma, kumenya amateka y'u Rwanda no gusigasira indangagaciro z' umuco nyarwanda, agaragaza ko uburezi bufite ireme budakwiye gutanga ubumenyi gusa, ahubwo bugomba no kubaka abantu bafite uburere, ubupfura, gukunda Igihugu no kukitangira.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26 Kamena 2026, mu muhango wo kumurika igitabo "Umurage w'Urubyiruko Igice cya Mbere", cyanditswe n'umwanditsi Yolande Mukagasana, wabereye kuri Kigali Public Library. Uyu muhango witabiriwe n'abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta, Senateri, abayobozi mu nzego zitandukanye mu burezi, abanditsi, ababyeyi, abarimu, abanyeshuri n'abandi bashyitsi bahuriye ku ntego yo guteza imbere umuco wo kwandika no gusoma, no kubungabunga umurage w'u Rwanda.

Iki gitabo cyamuritswe cyibanda ku kubungabunga amateka y'u Rwanda, kwimakaza umuco nyarwanda, gusigasira indangagaciro zaranze Abanyarwanda no kwibutsa urubyiruko uruhare rufite mu kubaka igihugu gifite ubumwe, ubudaheranwa n'iterambere rirambye. Binyuze mu nkuru, ubuhamya n'inyigisho zikubiye muri iki gitabo, urubyiruko rushishikarizwa gusobanukirwa urugendo Igihugu cyanyuzemo no kugira uruhare rufatika mu gukomeza kurinda ibyagezweho.

Mu ijambo rye, Dr. Nelson MBARUSHIMANA yagaragaje ko igitabo "Umurage w'Urubyiruko" gifitiye Igihugu akamaro gakomeye, kuko gifasha urubyiruko gusobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kikabafasha kurushaho gusobanukirwa inkomoko y'ibibazo Igihugu cyanyuzemo no kugira uruhare mu gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside mu rubyiruko. Yakomeje avuga ko ari muri urwo rwego igitabo "Umurage w'Urubyiruko" kije nk'igisubizo gifasha urubyiruko kumenya inkomoko yarwo, gusobanukirwa amateka y'Igihugu no kurushaho gukunda umuco n'indangagaciro by'u Rwanda.

Yasobanuye ko umuhango wo kumurika iki gitabo wabaye umwanya mwiza wo kongera kwibutsa Abanyarwanda bose ko kubungabunga umurage w'Igihugu ari inshingano ya buri wese, cyane cyane kuwugeza ku rubyiruko ari na rwo mizero y'ejo hazaza h'u Rwanda.

Yagize ati: "Igitabo 'Umurage w'urubyiruko' cyanditswe na Madamu MUKAGASANA Yolanda, gifitiye akamaro gakomeye Igihugu kuko gifasha urubyiruko gusobanukirwa n'amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bityo kikanafasha mu gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside mu rubyiruko. Igikorwa cyo kumurika iki gitabo ni umwanya mwiza wo kuzirikana akamaro ko gusigasira umurage w'Igihugu no kuwugeza ku rubyiruko rwacu, ari na rwo mizero y'ejo hazaza."

Dr. MBARUSHIMANA yakomeje agaragaza ko Igihugu cy'u Rwanda cyubakiye ku ndangagaciro nziza zaranze abakurambere bacyo zirimo: gukunda igihugu, ubwitange, ubunyangamugayo, umurimo unoze, ubumwe n'ubudaheranwa. Yashimangiye ko izo ndangagaciro zitagomba kuguma mu mateka gusa, ahubwo zigomba gukomeza kubaho no kuranga urubyiruko rw'uyu munsi.

Yagize ati: "Igihugu cyacu cyubakiye ku ndangagaciro nziza zaranze abakurambere bacyo: gukunda Igihugu, ubunyangamugayo, ubwitange, umurimo unoze, ubumwe n'ubudaheranwa. Izo ndangagaciro ntizigomba gusigara mu mateka gusa, ahubwo zigomba gukomeza kubaho mu mibereho y'urubyiruko rw'uyu munsi."

Agaruka ku ruhare rw'abarezi, Dr. Mbarushimana yavuze ko abarimu n'abayobozi b'amashuri bafite inshingano zikomeye zo gutuma ubutumwa bukubiye muri iki gitabo bugera ku banyeshuri, bityo bukagira uruhare mu kububakamo indangagaciro zibafasha kuba abaturage beza.

Yagize ati: "barezi n'abayobozi b'amashuri, mufite uruhare rukomeye mu gutuma ubutumwa bukubiye muri iki gitabo bugera ku banyeshuri. Uruhare rwanyu ntirugarukira ku kubigisha amasomo gusa, ahubwo harimo no kubatoza indangagaciro z'umuco nyarwanda, kubafasha gukunda gusoma no gukora ubushakashatsi ku mateka n'umurage by'Igihugu cyacu."

Yakomeje asaba urubyiruko gufata uburezi nk'umusingi wo kwiteza imbere no guteza imbere igihugu, agaragaza ko kwiga amateka n'umuco ari ingenzi mu gutegura ejo hazaza h'u Rwanda.

Yagize ati: "uburezi muhabwa bugomba kubafasha kuba abantu bafite ubumenyi, ariko kandi bafite uburere n'indangagaciro bibaranga nk'Abanyarwanda. Kwiga amateka n'umuco si ukwiga ibyahi

 

 

Back